Ingaruka nziza z'umuziki ku mwana uri mu nda , Ese ni gute wakumvisha umwana uri mu nda umuziki ?

 

Ingaruka nziza z'umuziki ku mwana uri mu nda , Ese ni gute wakumvisha umwana uri mu nda umuziki ?

Burya umuziki ni mwiza ku mwana uri mu nda , umwana uri mu nda aba afite ubushobozi bwo kumva umuziki , kumenya amarangamutima ya nyina ndetse no kumva amajwi ashobora guturuka hanze nko mu gihe Ise amuririmbira n'ibindi .

Bisa n'ibitangaje ariko no mu gihe wowe utaratangira kumva umwana uri mu nda akina , burya we aba yumva amajwi ndetse akanasoma amarangamutima ya Nyina .

Iyo umubyeyi utwite avuga , amajwi ye aragenda akagera ku mwana , iyo ijwi risohoka ritanga ibimeze nka Vibrations ( wagereranya n'imitingito ) izo vibrations nizo zigera ku mwana ariko akazumva ari amajwi , mu gihe utwite ukavuga ,ukaririmba , ugasoma igitabo ariko usohora amajwi , burya bigera ku mwana .

Ese ni iki kigaragaza ko umwana uri mu nda yumva ?

Harai ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2013 , buza kwerekana ko umwana uri mu nda yumva kandi akiga .

Hano bafashe abagore batwite , bumvishwa indirimbo z'ubwoko bumwe kugeza babyaye , mu gihe ba bana babyaye , babaga barira bakumvishwa za ndirimbo zacurangirwaga ba nyina , mu gihe bari babatwite , ba bana bahitaga bacecekaga , bagatuza .

Hari ubundi bushakashatsi bwagiye bukorwa hashyirwa  ibyuma byabugenewe ku nda , bikagenzura imikorerere n'imiterere y'umutima w'umwana , aho byagiye bigaragara ko kumvisha umuziki umwana uri mu nda bitera impinduka ku mwana .

Abakoze ubushakashatsi butandukanye bagiye bemeza ko uko umubyeyi akora igikorwa runaka nko kumva indirimbo akunda , kuririmba nibindi , umwana uri mu nda agenda amenyera ayo majwi , akageraho nawe akayakunda kandi ibyo bikagira ingaruka nziza ku buzima bwe no mu mikurire ye .

Ese ni ubuhe bwoko bw'umuziki bwiza wakumvisha umwana wawe ?

Abahanga bemeza ko nta mwihariko w'umuziki ukwiye kumvisha umwana wawe , ahubwo ko umuziki ukunda urahagije .

Ariko hari imbuga zitandukanye ushobora kumviraho umuziki ku mugore utwita , aho ushobora gusanga imiziki yoroheje , indirimbo z'urukundo nizindi nkazo ....

Ni iyihe volume y'umuziki ikwiye ?

Ni ngombwa ko ugabanya volume mu gihe wumvisha umwana uri mu nda umuziki kubera ko mu buryo busanzwe mu nda , haba harimo urusaku rwinshi ,ruturuka ku mara arimo akora , gutera ku mutima , umwuka winjira mu bihaha bityo mu nda haba harimo urusaku rwinshi.

abahanga bemeza ko umuziki wumva mu gihe utwite , utagomba kurenza Decibels 50m kugeza kuri 60 , ariko abaganga banavuga ko gukoresha ecouteur uzishyira ku nda nabyo bishobora gutanga urusaku ku mwana rurenze biriya bipimo by'amajwi bikwiye .

Mu gihe umubyeyi atwite inda irengeje ibyumweru 18 , aba agomba kwirinda kujya ahantu hari urusaku rwinshi nko mu birori , mu bitaramo , mu makonseri nahandi hari urusaku rwinshi .kubera ko uru rusaku rwinshi  rushobora kugira ingaruka mbi ku mwana uri mu nda 

Izindi nkuru wasoma 



Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post