Ibintu 8 ukwiye kwihutira gukora niba uteganya gutwita byibuze mbereho amezi 3

 

Mu gihe uteganya gutwita hari ibintu uba ukwiye kwihutira gukora kugira ngo bigufashe gutegura umubiri wawe , ibyo bikaguha kubyara umwana ufite ubuzima bwiza kandi ibyago byo kuba yavukana ubusembwa n'ubumuga bikagabanuka cyane .

Igihe bisaba cy gutegura umubiri wawe , niba wifuza gutwita kigenda gitadukana bitewe n'umubiri wawe ariko abahanga mu ndwara z'abagore bemeza ko byibuze ugomba gutegura umubiri wawe mbere yo gusama byibuze amezi 3.

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba 

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba

Mu gihe witegura gutwita cyangwa ubiteganya ukwiye gukora ibi bintu bikurikira bikazagufasha kubyara umwana ufite ubuzima bwiza .

1.Kwisuzumisha indwara zitandukanye 

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba

Burya indwara umubyeyi afite zigira ingaruka ku nda atwite cyangwa se ku mwana atwite , cyane cyane nka Diyabete , Hypertension nizindi ...

Mu gihe utwite izi ndwara zitagenzuwe neza , zishobora kugutera urupfu cyangwa zikarutera umwana uri mu nda , cyangwa iyo nda ikagira ibibazo nko kuvuka igihe kitageze .

Niba uteganya gutwita kandi ukaba wifuza kubyara umwana ufite amagara mazima , ni byiza ko wita kuri ibi bintu tumaze kuvuga , ndetse ukanisuzumisha izindi ndwara zirimo nka Sida , Hepatite , Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nizindi...

2.Guhagarika kunywa inzoga n'itabi 

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba

Burya inzoga n'itabi ni bibi ku mubyeyi utwite ndetse no ku mubyeyi uteganya gutwita , inzoga n'itabi bigira ingaruka mbi ku mwana , bikaba bishobora no gutuma umwana yavuka igihe kitageze , akaba yavukana ibiro bike cyangwa akaba yanapfira mu nda .

Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima (OMS) rivuga ko nta kigero cy'inzoga cyiza ku mubyeyi utwite ashobora kunywa , ibyiza nuko yazireka , yewe no mu gihe ateganya kubyara .

Muri rusange , inzoga n'itabi ni byiza ko wabireka burundu niba uteganya gutwita , ibyo bizatuma umubiri w'umubyeyi wisubiza , unabashe kwitegura neza uwo mwana .

3.Guhagarika imiti yose wanywaga utandikiwe na muganga 

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba

Akenshi uzasanga , abantu batandukanye bashobora kugura imiti mu mafarumasi kandi batayandikiwe na muganga , ariko burya si byiza ku mubyeyi utwite cyangwa se ku mubyeyi uteganya gutwita vuba .

yaba ari imiti ya kizungu cyangwa imiti ya gakondo ni  byiza ko uyinywa mu gihe wayandikiwe na muganga gusa kandi ukayinywa ukurikije amabwiriza.

4.Gufata ibinini bya Foliki aside 

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba

Ibinini bya aside folike (folic acid ) ni ingenzi ku mugore uteganya gutwita , byibuze akabitangira habura ukwezi ngo atwite . 

Ibi binini bituma ubwonko bw'umwana buremwa neza ,  ndetse n'uruti rw'umugongo rugatera neza , ibyo bikanakuraho ibyago byo kuba umwana yavukana agatwe gato cyane cyangwa ubundi busembwa butandukanye .

Ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima rivuga umugore akwiye gufata byibuze mikorogarama 400 za aside folike ku munsi .

5.Kwirinda gukoresha ibinyabutabire bitandukanye udafiteho amakuru 

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba

Cyane cyane burya ibinyabutabire bishobora kugira ingaruka mbi ku mubyeyi no ku mwana ashobora gutwita , niba uteganya gutwita , ni byiza ko ugenzura buri kintu cyose ukoresha mu buzima bwa buri munsi ngo urebe ko kitaba cyifitemo ibinyabutabire byakwangiza .

Burya hari n'ibinyabutabire byatuma utinda gusama cyangwa se bikanga , buri kintu cyose ukoresha niyo cyaba ikirungo cy'ubwiza , jya ubanza kureba ibikigize , unabishakeho amakuru.

6.Kubungabunga ibiro byawe 

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba


Burya umubyibuho ukabije (ibiro by'umurengera) ushobora kugutera ibibazo mu gihe cyo kubyara , ndetse umubyibuho ukabije ushobora kugutera ibindi bibazo birimo nka diyabete yo mu bwoko bwa 2 , 

bityo ni byiza ko ubungabunga ibiro byawe , bikaguma ku kigero cyiza , ibyo bikazatuma ugira ubuzima bwiza , haba kuri wowe no ku mwana utwite .

7. Kwitegura mu mutwe 

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba

Ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko , hari abagore batwita , bagahura n'ibibazo byo mu mutwe birimo nk'ihungabana , bityo ni byiza ko mbere yo gutwita wabanza ukitegura mu mutwe no kubyakira .
ni byiza ko wakwirinda stress n'ibindi bintu bitera imihangayiko , 

8.Kurya ifunguro ryuzuye 

Dore ibintu 8 ukwiye gukora ako kanya niba uteganya gutwita vuba

Ni byiza ko wakwibanda ku gufata indyo yuzuye , harimo ibitera imbaraga , ibyubaka umubiri n'ibirinda indwara , ibi bikaba bituma umubiri wawe wiyubaka ndetse ukanagira ubuzima bwiza .

source : CDC 
             MEDLINEPLUS 
Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post