Impamvu 16 zishobora gutera Iseseme no Kuruka, uko wakwivura uburwayi bwo kuruka


Impamvu 16 zishobora gutera Iseseme no Kuruka, uko wakwivura uburwayi bwo kuruka
Kuruka no kugira iseseme ahanini biza ari ikimenyetso cy'uburwayi runaka ariko umuntu ashobora kugira iki kibazo nta burwayi budasanzwe ufite ahubwo bikaba ari impamvu zatewe nimwe mu mihindagurikire kamere y'umubiri ndetse bikaba ri uburyo umubiri uri kwakira impinduka runaka cyangwa ngo umubiri umenyere izo mpinduka.

Impamvu zitandukanye zishobora gutera kugira iseseme no kuruka

1.Gutwita cyane cyane mu gihe inda ikiri ntoya

Abagore benshi batwite bakunda kugira ibibazo byo kugira iseseme no kuruka ahanini mu gihe inda ikiri mu gihembwe cya mbere ,aho usanga biterwa n'impinduka mu misemburo yatewe n'ugutwita

2.Kugira iseseme biturutse ku miti

Hari imiti yo kwa muganga ,ishobora gutera ingaruka zo kugira iseseme no kuruka ku muntu wayifashe bitewe n'uburyo umubiri we wayakirye

3.Kugenda cyangwa kugenda mu bintu bikuzunguza cyangwa bikuzengurutsa

Hari abantu bafata urugendo mu modoka bakagira ibibazo by'iseseme no kuruka bitewe nuko iyo modoka yagiye ibacugusa cyangwa yagiye yihuta ku muvuduko umubiri wabo utamenyereye.

4.Ububare bukabije

Burya ububabare bushobora gutera kuba wagira iseseme yewe ukaba wanaruka ,ibi bikaba bikunze ku bakobwa bamwe bajya mu mihango babara cyane bakanaruka.

5.Ubwoba bukabije

Hari abantu bamwe bagira ubwoba bukabije bw'ibintu runaka bakaruka

6.Indwara zifata agasabo k'indurwe

Agasabo k'indurwe iyo karwaye ntigakore neza bishobora gutera ikibazo cyo kugira iseseme no kuba waruka

7.Kurya ibiryo byanduye

Ibiribwa byanduye bitera ibibazo bitandukanye mu nzira zigogorwa

8.Kurya byinshi

Kurya ibiryo by'umurengera bitera iseseme ,kubyimba mu nda no kuba wabiruka

9.Kumva ibintu bikunukira cyangwa biguhumurira mu buryo bukabje

Iseseme ishobora kuzamurwa n'ibintu wahumuriwe

10.Indwara z'umutima

Mu bimenyetso bishobora kugaragara ku muntu urwaye umutima ,hazamo no kugira iseseme

11.Gukomereka mu mutwe

Iyo wakomeretse ku mutwe ,wenda bitewe n'impanuka ,kuruka biba bigaragaza ko byagize ingaruka mbi ku bwonko akenshi usanga bwabyimbiwe

12.Ikibyimba mu mutwe

Ikibyimba mu mutwe gishobora kugaragazwa no kuba uruka ndetse unababara umutwe wumva nta mpamvu idasnzwe ukeka yabiguteye

13.Uburwayi bw'igifu

Uburwayi ni imwe mu mpamvu nyirabayazana yo kuruka

14.Kanseri zimwe na zimwe

Cyane cyane kanseri zifata mu bice byo mu nda ,zitera kuruka no kugira iseseme bikabije

15.Kurya uburozi cyangwa kunywa inzoga ku kigero gikabije

Uburozi ni bubi ku mubiri ndetse iyo bugeze mu maraso ,umubiri uhita wirwanaho ukugaragariza ko harimo ikibazo aho ushobora kuruka no kugira iseseme

16.UBurwayi bwa Appendicite

Ubu burwayi bugaragazwa no kuruka

Ni ryari wajya kwa muganga mu gihe ugira iseseme ,ukanaruka

1.Mu gihe kuruka bimaze iminsi ubona kandi nta mpamvu ibitera ukeka

2.Mu gihe ,kunywa ibinyobwa bikurinda umwuma ntacyo bikomariye kandi ubona umwuma wakurembeje

3.Mu gihe icyo uriye cyangwa unyoye cyose ukiruka

4.Mu gihe uruka amaraso

5.Mu gihe kuruka bifanze no kubabara umutwe cyangwa ijosi rigagaye

6.Mu gihe ubabara mu nda bikabije ,unaruka

7.Mu gihe kuruka bivanze no guhitwa

Ni gute bavura kuruka?

1.kunywa ibinyobwa byinshi bisimbura ibyo utakaza

2.Guhabwa imiti yo kwa mauganga harimo n'imyunyu

3.Kwirinda kurya ibiryo bikomeye mu gihe utarakira

4.Kurya bike ariko kenshi mu gihe utwite kandi ukirinda kurya ibiryo birimo amaporoteyine menshi mbere yo kuryama

Ni gute wakwirinda ikibazo cyo kuruka

1.Kurya bikeariko kenshi

2.Kurya witonze

3.Kurya ibiryo bidashyushye cayne kandi bitanakonje

4.Kuryama ahantu hegutse mu gihe umaze kurya

5.Kwirinda kunywa amazi mu gihe urimo kurya

Izindi nkuru wasoma:

Akamaro gatangaje k'amavuta y'igihwagari

Indwara y'ise : impamvu iyitera,ibimenyetso byayo ,uko wayirinda nuko ivugwa

Sobanukirwa na byinshi ku indwara ya Vitiligo


Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post