Uburemba ni iki ? Ese Uburemba buravugwa ?

 

Uburemba ni iki ? Ese Uburemba buravugwa ?

Burya umugabo ufite uburemba bimugiraho ingaruka mu mitekerereze no mu mibanire ye n'umufasha we , bikaba byanatuma yitakariza icyizere n'icyanga cy'ubuzima , mur iyi nkuru turakubwira igisobanuro cy'uburemba , tunakubwire niba bushobora kuvugwa .

Uburemba ni iki?

Bvuga uburemba mu gihe umugabo igitsina cye kinanirwa gufata umurego cyangwa kikaba kidafite imbaraga ku buryo adashobora gutera akabariro neza .

Ariko burya n'umugabo ufite igitsina gifata umurego ariko bikaba bidahagije ngo atere akabariro abashe kugeza mugenzi we ku ndunduro y'ibyishimo , aho bigera mu  gikorwa hagati igitsina cye kikanga , nabwo babyita uburemba .

Ni iki gitera uburemba ?

Uburemba ni iki ? Ese Uburemba buravugwa ?


Hari impamvu nyinshi zitera uburemba zirimo 
  • Imihangayiko ikabije 
  • indwara z'agahinda gakabije
  • Indwara z'umutima zituma amaraso adatembera neza 
  • Indwara ya Diyabete 
  • Umubyibuho ukabije
  • Kuba mu buryo karemano ufite umusemburo muke wa testesterone 
  • Kunywa itabi n'inzoga z'umurengera 
  • Kurya nabi 
  • Kudakora imyitozongoraoramubiri
Hari imiti ishobora gutera iki kibazo irimo nk'imiti ya hypertension nindi myinshi ...

Ni gute wakwivura uburemba ?

Uburemba ni iki ? Ese Uburemba buravugwa ?

Burya uburemba buravugwa , ariko ni byiza kuganira na muganga ukamenya uburyo bwiza wakoresha mu kwivura uburemba .

Uburyo bwo kwivura uburemba burimo 

1. Guhindura imyitwarire 

  • Kurya indyo yuzuye ikungahaye ku ntungamubiri harimo imboga n'imbuto 
  • Gukora imiyitozo ngororamubiri
  • Guhangana na Stress
  • Kureka kunywa inzoga n'itabi

2.Gukoresha imiti 

Hari imiti ishobora kuvura ubu burwayi bw'uburemba irimo 
  • Viagra 
  • tadalafil
  • vardenafil
Iyi miti ikaba yongera ingano y'amaraso agera mu myanya y'ibanga bityo igitsina kikabasha gufata umurego umwanya munini .

3.Kuganirizwa 

Cyane cyane nko ku muntu ufite indwara z'agahinda gakabije , nabyo bikaba byamufasha gukira iki kibazo .

4.Kubagwa 

Hari igihe biba ngombwa ko ubagwa ariko ni gake cyane gashoboka , aho ushobora gukora ibyitwa penile implants , cyangwa ibyitwa vascular surgery .

Dusoza 

Uburemba ku bagabo buravugwa , bitandukanye n'ubugumba , uburemba bushobora gufata buri wese , imyaka yose yaba agezemo , kwivura cyangwa kwivuza uburemba birashoboka kandi bishobora gukorwa wivuye wowe ubwawe bitewe n'impamvu yabiteye .

Ntukwiye guhangayika cyangwa ngo wihebe mu gihe wahuye nikibazo cy'uburemba , ahubwo menya impamvu yabiguteye , ubundi wivuze .



Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post