Imyitwarire 4 iranga umukobwa uzavamo umugore mwiza kandi uzubaka urugo rugatera imbere


Imyitwarire myiza kandi inoze ku mugore nicyo gicumbi n'umusingi w'urugo rwiza ,kandi umugore burya bavuga ko ari mutima w'urugo ,ibi byose bigaragarira mu myitwarire myiza kandi umuntu yagize kuva akiri muto kugeza yubatse urwe.





Muri Bibiliya haranditse ngo umugore mwiza n'umugisha ,umugore mubi nta washidikanya ko asenya urwe ,akananaira umugabo kandi agaha uburere bubi abana be ,ibi byose bikagira ingaruka mbi ku muryngo rusange





Hari imyitwarire myiza yakwereka umukobwa uzavamo umugore muzima,umugoe uzubaka urugo ruakaramba ,umugore utazasenya biturutse kuri we ,byakwereka kandi umugore uzatanga indero n'uburer bwiza ku bana be





Dore imyitwarire yakwereka umukobwa uzavamo mutima w'urugo





1.Umukobwa udahorana amahane ,agahora afite ibyo gushima no gushimira aho kunenga





Ubwoko bw'abakobwa bahora banenga ,bahora baseka abandi cyangwa ugasanga aguhoza ku nkeke kandi byitwa ko mukundana ,uyu mukobwa biragorana cyane ko aka kageso yazakareka amaze kubaka ndetse usanga ahanini gaherekejwe no gusekana no kunegurana .





Burya nta muntu wishimira umuntu umuhora mu matwi amunenga ,aho kumushima kndi nta muntu wishimira kunegurwa ,uzasnaga urugo rw'uyu mukobwa rugendwa na bake ,kandi usange nta mushyitsi wifuza kuhatinda





Guhoza abana ku nkeke no kubatonganaya buri ghe ndetse ni cyiza bakoze ntugishime bibaremamo umutima mu bi no kumva badakunzwe n'ababyeyi ,bikaba byatuma bavamo ibyihebe no kuzajya babaza abandi bantu.





unrecognizable little boys holding hands and walking on sandy seashore
Nta kiryoha nk'uruko rwiza kandi ukundana n'umuntu wa nyawe muzabana mukarinda musazana




2.Umukobwa ukoresha amafaranga ye neza kandi ugasanga aba afite gahunda y'uburyo akoreshamo amafaranga ye





Burya umukobwa ugira gahunda yanditse y'uburyo akoreshamo amafaranga ,iki ni ikimenyetso cyiza cyakwereka umukobwa uhamye kandi ugira gahunda muri byose





Iyo uyu mukobwa agira uburyo bwiza na gahunda mu mikoreshereje y'amafaranga bituma urugo azubaka rutera imbere ndetse ugasanga atarangwa no gusesagura umutungo ,ibi bituma urugo rutera imbere kandi ugasnga buri wese mu bagize umuryango azi gucunga neza umutungo w'urugo.





izind nkuru bijyanye:





Ibintu 7 abakobwa bakora bashaka kwerekana ko bakunda cyane abakunzi babo





Musore nukora ibi bintu 5 abakobwa bazatangira kugufata nk’umwami





Burya ba bakobwa bakunda iraha no guhora mu karyoshye baba ari ikinyuranyo cy'uyu mukobwa twavuze niba wifuza gushinga urugo rwiza ,abgendere kure ahubwo ushake uyu mukobwa ugira gahunda muri byose kandi uzu gukoresha umutungo we neza.





3.Umukobwa utagusebya mu bandi .ahubwo wakosa akakwihererana akakwereka ikosa ryawe ariko mu kinyabupfura





Uzagendere kure umukobwa wagukosorera mu ruhame ,niba wifuza kubaka ukanezerwa ,gukosorwa ni byiza ariko iyo bikozwe nabi birakomeretsa kandi ntibitange umusaruro mwiza





Umukobwa wifata mu gahanga akagusebya mu bandi cyangwa akagusora kuri bose babireba,uwo ntiyavamo umugore mwiza kandi birashoboka ko atagusebya ahubwo agasebya mugenzi wawe mu ruhame nabwo ni ikintu kibi cyane.





Umuryo n'urugo byubakirwa mu bwubahane no gushyira hamwe .iyo ihame ryo kubahana ritariho ,uba usa naho wubakiye ku musenyi maze inkubi y'umuyaga yazaza ikarusenya ako kanya.





4.Umukobwa ugira isuku kandi akiyitaho bijyana no kwambara akikwiza





Burya ikiri imbere kigaragarira inyuma ,ntuzagire ngo umukobwa wambara ubusa ku karubanda azatanga uburere bwiza ku bana azibaruka





Niba ushaka kubaka urugo rwzia ,jya wita ku myambarire y'umukobwa utereta ,wite ku isuku agaragaza aho atuye ,ibyo yambara ndetse urebe neza ko atabikora ri uko aziko muri bubonne .





newlywed couple smiling to each other in park
Guhitamo uwo muzabana akaramata ni ibyo kwitondera ndetse amahitamo mabi ashobora gutuma umara iminsi yawe usigaje mu gahinda




Izindi nkuru wasoma:





Dore abakobwa ugomba kugendera kure bakwangiririza ubuzima byoroshye





Mugabo,Nubona ibi bimenyetso ku mufasha wawe ,Urabyitondere





Dore abakobwa ugomba kugendera kure bakwangiririza ubuzima byoroshye


Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post