Ni iki gituma inyoni zibasha kuguruka ?Ese ni irihe banga ryihishe mu mababa yazo? Sobanukirwa nabyo


Twifashishije  ubushakashatsi bwakozwe butandukanye bukaza kwandikwa mu binyamakuru no mu bitabo bitandukanye ,havuzwe  byinshi  biha ubushobozi ntagereranwa  inyonyi bwo kuguruka ikogoga ikirere





Ubu bukaba ubushobozi bwahoze bwifuzwa na mwene muntu kugeza aho Wright Brothers batangiye umushinga  wo kuguruka bifashishije imashini bari bikoreye ,nyuma y’amagerageza atandukanye n’ubushakashatsi butandukanye bujyana n’iterambere hakozwe indege ya mbere ubwo muntu aba abonye yari yabuze bwo kuguruka .





Burya inyoni mu miterere karemano yazo niyo iyiha ubushobozi bwo kuguruka no kogoga ikirere nta mbaraga  biyisabye zihambaye ,muri iyi nkuru turakuvira imuzi ibana inyoni ikoresha kugira ngo ibashe kuguruka.





Inyoni ibanga zikoresha  kugira ngo zigire  ubushobozi ni ukugira  .amababa yorohereye kandi akomeye ,kugira umubyimba wiburungushuye  worohereza imbaraga  z’umuyaga ndetse n’imikaya yo mu gatuza  kazo ikomeye ku buryo ibasha  gukoresha amababa nta ngorane kandi bitayinaniza.





bird red animal colorful




Dore mu buryo burambuye ibintu bituma inyoni zigira ubushobozi bwo kuguruka





1.Kuba zitaremeye ,zifite umubyimba muto n ‘amababa yorosye ataremeye kandi ataremeye





Buurya kuba zigira umubyimba muto ndetse n’ibiro bike bizorohereza  kuba amababa yazo mu gihe akubise ku muvuduko munini aita aziterura zigafata ikirere . iri hame akaba ariryo n’indege zikoresha.





2.Umunwa usongoye kuriya uteye aho kugira amenyo n’urwasaya





Burya  inyoni ,uriya munwa wazo utuma zitaremera kandi biatuma zogoga ikirere mu buryo buzoroheye





Bibaye ngombwa  uriya munwa uhindura imiterere ugasa n’ubwase gato hari ubwoko bw’inyoni bwahita butakaza ubushobozi bwo kuguruka.





3.Igufa ryazo ryo mu gatuza kandi rigari





Iri gufa ryo mu gatuza kazo rizifasha  kugiraho imikaya myinshi kandi ikomeye ishobora gukoresha amababa neza no gutuma inyoni iyazunguza biyoroheye.





4.Amagufa ataremereye





Burya amagufa y’inyoni  aba arimo ubusa imbere icyo twakwita nka vide cyangwa umwenge imbere yayo utarimo ikintu.





5.Amababa





Burya amababa yorohereza inyoni kuguruka no gufata ikirere biyoroheye





6.Igihimba cyayo n’umutwe bitereye ku gisa n’umurono umwe





Burya imiterere yo kuba umutwe n’igihimba biteye ku murongo umwe usa n’ugororotse  biyifasha kubona imbaraga zo kugenda mu muyaga no gukoresha imbaraa z’umuyaga ku nyungu zayo ,iri hame rikaba ryifashishwa no mu gihe bakora indege





7.Igikanka gikomeye





Igikanka cyinyoni kiba kigizwe  n’amagufa akomeye ku buryo abasha kwihanganira  ubundi buremere bwayo ndetse akaba abasha  utuma idashobora kwangizwa no kurushwa ingufu n’umuyaga,





Amababa y’inyoni nio ruzingiye  iyo inyoni ishaka kuguruka ikubita amababa yayo ku muvuduko munini





Ibi bikayifasha kugabanya imbaraga  hejuru y’amababa kandi bikongera  imbaraga mu mpande zayo ,ibi bigatuma ibasha kuzamuka mu kirere ku buryo buyoroheye.





Uko amababa aba manini biyia ubushobozi bwo kuguruka no gufata ikirere biyoroheye nao iyo inyoni ifite amababa mato bisa ko ikubita amababa ku muvuduko munini kandi bikayisaba kuuruka yihuta kugira no ikomeze kuona ingufu zo kuguma mu kirere,





Iyo inyoni iri mu kirere ikaba ishaka kumanuka ,icyo ikora ni ugufungira  hamwe amababa .bityo bikagabanya imbaraga





Ibyo bigatuma imanuka igacubira hasi ,ibi bikaba bitayisaba imbaraga na nke.





Muri make inyoni ifite ubushobozi bwo kuguruka ikomora ku miterere karemano yayo ndetse indee zikorwa ubu zikaba zikorwa bigana iyi miterere y’inyoni





Ikiremwamunyu cyarakataje mu kwigana  ibiuruka harimo kuba harakozwe indege n’ibyogajuru bifite ubushobozi bwo kuguruka buhambaye





Ndetse muri uko kurushanwa  no guharanira guteza imbere imashini ziguruka byatumye hakorwa amoko atandukanye y’imashini ziguruka harimo izi ntambara ,izo gutemberamo no kuryoshya nibindi





Izindi nkuru wasoma :





Ibibazo 15 ukwiye kwibaza kandi byagufasa kumenya niba urukundo rwawe n’umukunzi wawe rufite ahazaza heza





Ubusesenguzi:Ubuzima bufite intego





Abantu benshi bakeneshejwe n’ibimina byadutse bya Ujaama ,Aho ntibyaba ari Ubwesikoro?


Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post