Ibintu 9 byagufasha kwiyunga n'umukunzi wawe mu gihe mwashwanye

Ibintu 9 byagufasha kwiyunga n'umukunzi wawe mu gihe mwashwanye

Abantu bakundana kuba bashwana ni ibintu bisanzwe ahubwo uburyo mukemura ibyo bibazo mufitanye nicyo cy’ingenzi ,muri iyi nkuru turakubwira ibintu 9 byagufasha kwiyunga n’umukunzi wawe mu gihe mwashwanye.


Abahanga mu mibare ya muntu bemeza ko iyo abantu bashwanye ,bakaza gukemura amakimbirane bafitanye mu buryo bumvikanyeho ubwabo ,bibasigira urukundo rwisumbuyeho ndetse no kumenyana nabyo byisumbuyeho


Umukobwa n’umuhungu,iyo bakundana ariko bakaza gushwana no kugirana utubazo twa hato na hato ,uko bakemura ayo makimbirane bitanga ishushoy’imibanire bazagirana mu rugo rwabo ,burya gukemura amakimbirane neza ni ugusasa inzobe ,mukaganira kandi buri wese agaca bugufi.


Dore ibintu 9 byagufasha gukemura amakimbirane n’umukunzi wawe


1.kumenya imvano y’amakimbirane


Intambwe ya mbere ni ukumenya icyo mupfa ,ukakiva imuzi,ukamenya imvano yacyo ,uko byatangiye nicya bisembuye ,ibi bigufasha kumenya amagambo uri bukoreshe n’uburyo uri bwitware ,hanyuma kandi bikaguha no kumenya niba uri mu ikosa ndetse n’uruhare rwawe muri iryo kosa.


2.Kwiyoroshya mu kibazo no kugerageza kumva mugenzi wawe


Nyuma yo kuva imuzi ikibazo ,wanagisesenguye utangira kwibaza uruhare rwawe wakora kuri wowe kugira ngo ayo makimbirane muyakemure ,hanyuma ukaba n’uwambere mu kumwegera waba uri mu ikosa cg utaririmo ,muri uko kumwegera ,gerageza kwicisha bugufi ,kwitonda nogukoresha amagambo yoroheje kandi adasesereza.


3.Kumutega amatwi nta kumucira urubanza


Birashoboka ko umukunzi wawe yaba yari afite impamvu yumvikana yatumye mushwana ,bityo ni byiza kumutega amatwi no kumva uruhande rwe nuko yumva ibintu ,kumva bituma ushyira mu gaciro kandi ugafata umwanzuro ufatika ushyingiye ku kuri aho gushyingira ku marangamutima.


5.Kureba ibyo muri guhurizaho nibyo mwumva kimwe


Iyo mumaze kwicara no kuganira m buryo bwumvikana ,ni byiza kureba ku ngingo murikumvikanaho ,bityo mukaziha ingufu zikanaziba cya cyuho cyibyo mutumvikanaho,ni byiza burya gusesenguraburi kantu kose ,uko kari kandi hatabayeho kwikomeza no gufunga umutwe.


6.Gerageza kwishyira mu mwanya w’umukunzi wawe


Ibi bizagufasha kurebera ikibazo muwundi mwanya kandi no ku rundi ruhande ,wiyumvishe uburyo amerewe ,uburyo arwana nibyo bibazo ,kandi ibi bizanagira n’uruhare rwiza mu gukemura ayo makimbirane.


7.Hindura amahameubona yangiza umubano wawe n’umukunzi


Hari igihe uba ufite amahame ,ayo mahame ugasanga niyo mvano yo gushwana no kubwirana nabi ku mukunzi wawe ,bityo ukaba ukwiye kuyahindura ,aha twavuga nko kutavaku izima ,kumva ko ari wowe mutwe wa byose ,kumva ko ari wowe wenyine ufite ijambo ,kudaca bugufi ,kudasaba imbabazi ,nibindi ….


8.Igomwe bimwe kandi ugerageze kubaka ubucuti mwese munyuzwe nabwo


Nyuma yo gukemura utubazo ufitanye n’umukunzi wawe ,mugerageze mwubake ubucuti mwese mwibonamo ,bwa bundi mwese muryoherwa nabwo ,ni byiza kuganira ku buryo buhoraho kandi no kubishyira muri gahunda zanyu zihoraho.

Izindi nkuru wasoma

Urukundo:Niba uri mu Rukundo ,Itondere ibi bintu byakwangiza umubano wanyu

Urukundo: Imitoma iryoheye amatwi wabwira umukunzi wawe ntazigere akwibagirwaUrukundo: Imitoma iryoheye amatwi wabwira umukunzi wawe ntazigere akwibagirwa


9.Mwirinde gucyurirana


Niba ikosa ryarabaye ,mukabiganiraho ,mukabikemura birangirire aho ,mwibigira intambara ,agakomye kose ngo mwibukiranye y’amakosa ,burya ntazibana zidakomanye amahembe ,ariko kubakira no gukura isomo kubyo mwanyuzemo bibaha imbaraga zo kugiraaumubano urambye.

Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post