Ni iki wakora uramutse uri kumwe n’umuntu uri kuva imyuna(Epistaxis)?


Kuva amaraso mu mazuru ni ibintu biza bitunguranye ,bishobora kukubaho aho waba uri hose,ku buryo uramutse udafite ubumenyi bw’ibanze ku buryo wakwifasha cyangwa ugafasha abandi byakubera ihurizo.





Kuva imyuna ni ikibazo ariko ni ibintu bishobora kuza bikagenda byatewe ni impamvu zitandukanye ariko bishobora kugaragaza ko mu mubiri harimo ikibazo kitaragaragara.





Impamvu ibitera





1.guhinduka kw’ikirere: ibi bishobora guterwa nk’ubushyuhe bw’abaye bwinshi n’ibindi….





2.Hari ikintu cyagukubise ku mazuru : ushobora nko kugenda ukagonga ikintu ugakubitaho amazuru cyangewa ukaba wakora impanuka ugakubita umutwe hasi cyangwa amazuru.





3.Kuba ufite uburwayi runaka : Ibi biba byatewe nuko umuvudujo w’amaraso wagiye hejuru.





Uko wakwirinda kuva imyuna





Kwirinda gukubita ku mazuru cyangwa mu gice cy’umutwe





Kwirinda guhinduranya ubushyuhe cyane cyane nko kujya ku izuba ryinshi cyane





Kwirinda ko amazuru yawe yakumagara ukaba wasigaho amavuta amavuta akoze muri petroleum nka Vaseline





Uko wafasha umuntu wagize iki kibazo





Kuryama ugaramye hanyuma ugakanda ku mazuru kugira ngo uhagarike kuva kw’amaraso byibuze mugihe kiri hagati y’iminota 10-15.





Gushyira barafu iruhande rw’amazuru





Gushyira ipamba mu mazuru neza





Kujya kwa muganga bakareba impamvu yabiteye





Ibyiza ni ukubikora wicaye cyangwa uhagaze hanyuma ugakanda izuru kuburyo amaraso ahagarara kuva.





izindi nkuru






Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post