Bagabo ,Dore Impamvu 15 zitera ikibazo cyo kugira intanga nke ,Ni iki wakora ngo ubyirinde ?

 

Bagabo ,Dore Impamvu 15 zitera ikibazo cyo kugira intanga nke ,Ni iki wakora ngo ubyirinde ?

Uburwayi bw'intanga nke ni igihe amasohoro yawe harimo intangangabo nke ,ibi bikaba bishobora gutera ikibazo cyo kutabyara (ubugumba ) ku bagabo .

Mu buryo bwa kiganga ubu burwayi bwitwa OligoSpermia naho mu gihe nta ntanga nimwe yaboneka mu masohoro yawe ,byitwa Azoospermia .

Mu buryo busanzwe ,umugabo ufite intanga nke bivuze ko aba afite intangangabo ziri munsi ya miliyoni 15 kuri mililitiro imwe y'amasohoro .

Ibimenyetso byakubwira ko ufite uburwayi bw'intanga nke 

Hari ibimenyetso bishobora kwereka umugabo /umusore ko afite ikibazo cy'intangangabo nke mu masohoro ye aribyo 

  • Kunanirwa gufata umurego cyangwa igitsina cye kigafata umurego bigoranye
  • Kugorwa no gutera akabariro
  • Kuba hari akabyimba afite mu mabya 
  • Kuba akunda kumva ububabare mu mabya 
  • Kuba adafite insya , ubwanwa ndetse n'ibindi bimenyetso bigaragaza gusoreka 

Impamvu zitera uburwayi bw'intanga nke ku bagabo 

Hari impamvu nyinshi zshobora gutera ubu burwayi zirimo 

  1. Uburwayi bwo Kubyimba kw'imitsi ijyana amaraso mu mabya bizwi nka varicocelle 
  2. Infegisiyo z'amabya cyangwa izibasira agasabo k'intangangabo
  3. Imiterere mibi y'umuyoboro utwara amasohoro bigatera ikibazo mu kurangiza aho amasohoro adasohoka neza bizwi nka Retro grade ejaculation.
  4. Kuba ufite ibibyimba cyangwa kanseri mu myanya myibarukiro yawe 
  5. Kuba amabya atarigeze kumanuka mu bwana ngo ajye  mu mwanya wayo ahubwo akaguma hejuru 
  6. Ibibazo mu misemburo y'umubiri 
  7. Kuba ari ubumuga wavukanye buva mu turemangigosano twawe dushobora kuba twarangiritse
  8. Kuba uriku miti imwe nimwe nka imiti ya kanseri ,imiti ibamo imisemburo nindi myinshi...
  9. Nyuma gato yo kubagwa mu mabya cyangwa ibindi bice binyuramo amasohoro cyangwa nyuma gato yo kwifungisha burundu
  10. kuba hari ibinyabutabire wahuye nabyo bikangiza intanga zawe
  11. Guhura n'imirasire yangiza nka rayon X 
  12. Kunywa inzoga z'umurengera 
  13. Kunywa itabi ku kigero gikabije 
  14. kugira indwara y'agahinda gakabije 
  15. kugira umubyibuho ukabije

Dore ibintu bikongerera ibyago byo kugira uburwayi bw'intanga nke 

Hari ibintu bitandukanye byakongerera ibyago byo kwibasirwa nubu burwayi bwo kugira intanga nke aribyo 
  • kunywa itabi
  • kunywa inzoga ku kigero gikabije
  • gukoresha imiti ikangura ubushake bwo gutera akabariro
  • kuba ufite umubyibuho ukabije 
  • gufatwa na infegisiyo zo mu mabya 
  • guhura n'ibinyabutabire bibi
  • guhura n'ubushyuhe bwinshi ku mabya 
  • gukomereka amabya 
  • kuba hari ubuvuzi bwa kanseri wakiriye nka radiotherapy
  • kuba amabya atarigeze aza mu mwanya wayo

Ni gute wakwirinda  uburwayi bwo kugira intanga nke ku bagabo 

Birashoboka ko wagabanya ibyago byo kwibasirwa nubu burwayi ,ukora ibi bikurikira 
  • Kwirinda kunywa itabi
  • kugabanya kunywa inzoga nyinshi
  • kunywa imiti wandikiwe na muganga gusa 
  • kwirinda kwegera no gukoresha ikintu cyatera ubushyuhe bwinshi ku mabya nko gutereka mudasobwa ku bibero
  • kwirinda imihangayiko na stress

Ni ryari ukwiye kureba muganga ?

mu gihe wikekaho iki kibazo cyangwa mu gie utabyara ,uba ukwiye kureba muganga ariko no mu gihe wibonaho ibi bimenyetso ,ukwiye kureba muganga 
  • kuba igitsina cyawe kidafata umurego
  • kuba ufite ikibyimba mu mabya cyangwa wumvamo ububabare
  • kuba warigeze ugira uburwayi n'ibibazo mu gutera akabariro 

Dusoza 

Ku bantu bafite iki kibazo , bitewe n'impamvu yagiteye ,uba ushobora kuvugwa ariko hari n'igihe muganga asanga kidashobora kuvugwa .

Uburyo bumwe bwo kumenya ko ikibazo gishobora kuvugwa ni ukwipimisha no gusuzumwa na muganga 
Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post